August 2007


I have not been able to correctly trace this error, but by only making sure that every XMLHttpRequest gets its unique name, the problem seems to dissappear. I suspect this error might be caused by an object not closing its connection properly.

[code]
Error: uncaught exception: [Exception... "Component returned failure code: 0x804b000f [nsIXMLHttpRequest.setRequestHeader]" nsresult: "0x804b000f (<unknown>)" location: "JS frame
[/code]

Curiously, this problem comes only in Firefox (I use 2.0.0.6) and not in Internet Explorer (I use ).

Muri PL (Parti Libéral) ngo habayeho gukoresha ruswa (cyangwa se mbyite kwiba amajwi) mu gihe cy’amatora yabaye kuwa 5 Kanama uyu mwaka wa 2007. Mitali Protais (wari uhanganye na Gatete Polycarpe) ngo niwe watowe ariko akaba yarakoresheje uburiganya nk’uko byanditswe na New Times. Gusa ubanza bitaremezwa burundu ko ubu buriganya bwabayeho.
Ababyibuka rero ubwumvikane buke mu mashyaka muri za 93-94 nibwo bwaje kubyara ibipande byaje kwitwa “Pawa” (Power) n’ “Amajyojyi” hanyuma bimwe muri ibyo bipande bigahamagarira abanyarwanda guca amajosi y’abaturanyi babo igihe “umubyeyi ???” yari amaze kwicwa kugeza ubwo u Rwanda rwose rutemba imivu y’amaraso.

Nizere ko ubu buriganya butaza kuvamo ibipande bihanganye nk’uko byagenze icyo gihe. Mitali kandi nka Minisitiri w’ubucuruzi yaba ari gukorwaho iperereza na Polisi kubera ubundi buriganya buvugwa mu gutanga amasoko ya Leta. Bwo yaba yarabwemeye ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru.

Reka mbanze nisegure kuri bamwe bavuga ko ijambo “amabyi” ari ribi nyamara barivuga mu gifaransa cyangwa mu cyongereza bakumva ntacyo bitwaye.

Iyi nkuru nyisomye kuri website (nizere ko ijambo ry’ikinyarwanda rizaboneka vuba) y’ikinyamakuru [New Vision]. Ayo mazi kandi ntabwo ari mu kiyaga cyangwa umugezi ahubwo ni ayo muri za ‘robine’ zo mu ngo n’ahandi. Mbese abantu baba bayaguze ariko akabageraho avanze.

Ubu kandi muri iki gihe ngo yahindutse icyatsi kibisi.

Ubanza ariko ngo iryo bara ry’icyatsi ntacyo ritwaye cyane ngo kuko riterwa n’ibimera byabaye byinshi mu kiyaga cya Vigitoriya kandi amazi yaragabanutse.

Nahoze ndi gusoma ilisiti y’abantu bakize kurusha abandi ku isi ariko nsanze nta munyafurika wirabura uri muri 200 ba mbere. Nyamara uwakora ibarura ry’abica bene wabo kurusha abandi sinzi ko Afurika yabona umwanya uri kure cyane !!!

Cyokora hari aho nsomye ko cya gisambo Mobutu ngo yari atunze ibya mirenge nawe da. Kandi uwo mutungo we ukaba ungana n’imyenda Zaïre (Congo) yari ifitiye ibihugu by’amahanga.

Ntabwo namenya neza igituma nta banyafurika birabura bari ku ilisiti y’abantu bakize ariko nakwemeza ntashidikanya ko kuba “nta mupfumu iwabo” bishobora kuba bifite uruhare (n’ubwo rwaba ruto) muri ibi. Mu gihe umuntu atangiye kuzamuka bene wabo bashaka uburyo bamugusha.

Oprah Winfrey niwe mwirabura ukize kurusha abandi (Forbes magazine) akaba ari umunyamerika (cyane cyane mu mpapuro kimwe na Jackson). Ariko rero birashoboka ko hari ibindi bisambo biri ku butegetsi muri Afurika bifite menshi kurusha Oprah nubwo bitavugwa kubera ko aba ahishe hirya no hino kuko bitatinyuka gusobanura aho byayakuye mu gihe abaturage bicira isazi mu jisho.