Africa


It’s good news Mobile phone companies are scrapping Roaming charges. I even wonder if they had many customers paying roaming fees as most people I have seen had SIM cards for every country they visit. As cars moved to the left when crossing the Gatuna (Katuna in ruganda) border, phones users switched their SIM cards.

I remember that the MTN Uganda SIM card received signal up to around 5 kilometers inside Rwanda (from the Gatuna border) but the MTN Rwanda signal was not strong enough to be used after crossing the border.

Let’s hope other business institutions such as Banks will follow the example set by MTN. And the Internet providers should realize the benefits of interconnection without waiting for EASSY and/or other super-regional initiatives that may end up dying before their birth certificate is signed.

By the way, when will Ugandans start driving on the RIGHT ? (Should I say the right side not the wrong one? ;) )

Maze kumenya ko Rwandatel ubu iri gutegekwa n’umunyarwanda ukiri muto nashimishijwe n’icyo gikorwa. U Rwanda ruzazamurwa n’amaboko y’abana barwo.

Hari impamvu nyinshi zituma numva iki ari igikorwa cy’ingenzi:

  • Ni umunyarwanda: ntabwo tugomba kujya duhora twisuzugura ngo nta mupfumu iwabo. Kubera iki se umuntu adashobora kuba umupfumu iwabo igihe abibashije?
  • Ni muto: amaraso y’ubuto atuma umuntu ashakisha ibyinshi byagirira akamaro ibyo akoramo. Aba ashobora gukora ijoro n’amanywa adakorera cyane cyane “supelemanteri (mu kirundi)” ahubwo nawe ubwe ari kwiyubaka mu bumenyi bushya kuko ibya tekinoloji bihinduka buri munsi utabikurikiye byagusiga. Hari umugani witwa uw’Abidishyi mbona waranditswe mu rwego rwo gutesha agaciro abakiri bato werekana ko iyo abakiri bato bategetse byose bihita byangirika. Ariko njye nywushyira mu rwego rwa poropagande yo kwimira abakiri bato.
  • Yigeze kwikorera (business owner): iyi ni ingingo y’ingenzi nayo kuko umuntu wigeze kwikorera n’iyo akoreye undi (n’iyo yaba Leta) akora nk’uwikorera agakora uko ashoboye kwose. Umuco wo kwikorera utuma umuntu adahora ategereje gushimwa gusa.

Icyo nakwifuza muri ibi byose ni uko n’ibindi bigo bya Leta byakwegurirwa abakiri bato maze tukareba niba batari bugire icyo barusha abagiye babitegeka kera wasangaga akenshi bari hafi kujya mu kiruhuko cy’iza-bukuru.

Hari umwarimu wigeze kunyigisha agakunda kuvuga ngo [code]Experience is somehow a very bad thing, because those who count only on experience are less innovative. They keep saying: we have been doing things this way and we have never had problems, why should we change?[/code]

Ibi simbivugiye kwemeza ko uburambe ku kazi bugomba gutuma ugakora yirukanwa, ahubwo ni uko nibwira ko biba ngombwa kugerageza ibintu bishya naho ubundi wasigara inyuma burundu. Aha rero ba njennyeri bakiri bato bagira akamaro maze bagakorana n’abo bafite uburambe bateza ibigo byabo imbere.

Iyi nkuru ivuye ku rubanza rwaciwe muri Amerika (USA) (Ikirego | Kwemera icyaha). Cyokora sindamenya uwo mukozi bavuga uwo ari we. Nizere ko abashinjacyaha b’i Kigali bari bugire icyo babitubwiraho mu minsi iri imbere.

Ibi bikurikira biri ku ipaji ya munani.

[code]
B. Bribes in Rwanda
25. At the direction of defendants Ott and Young, Amoako negotiated with an employee of Rwandatel in February 2002 to obtain a carrier agreement between ITXC and Rwandatel. With the full knowledge and approval of Ott and Young, Amoako promised to compensate the Rwandatel employee as an agent of ITXC if he would influence Rwandatel to agree to favorable terms for the exchange of telecommunications traffic with ITXC. The Rwandatel employee agreed and became ITXC's agent (hereinafter "the Rwandatel Agent").
26. On February 28,2002, Rwandatel and ITXC entered an agreement to exchange telecommunications traffic (hereinafter the "Rwandatel Carrier Agreement"), which the Rwandatel Agent signed as an employee of Rwandatel.
27. On July 2,2002, ITXC entered into a formal agent agreement with the Rwandatel Agent, which defendant Ott signed on behalf of ITXC. The agreement entitled the Rwandatel Agent to $0.01 for each minute of telephone traffic that ITXC was
able to complete to telephone subscribers in Rwanda (as well as in Burundi and Uganda where Rwandatel had the right to complete telephone calls) under the Rwandatel Carrier Agreement. Pursuant to the agent agreement, Ott and Young approved a payment to the Rwandatel Agent of $26,155.1 1 on September 1 1,2002. ITXC made this payment
through a wire transfer from its account at PNC Bank in New Jersey to the account of the Rwandatel Agent at Standard Chartered Bank in Dubai.
28. Ott and Young caused ITXC improperly to record the foregoing payment to the Rwandatel Agent as a legitimate expense on ITXC's books and records.
29. At all relevant times, Ott and Young knew that the Rwandatel Agent was an employee of the foreign government-owned Rwandatel. The sole purpose of the payment was to influence the Rwandatel Agent, a foreign official, to steer the Rwandatel Carrier Agreement to ITXC and thereby enable it to obtain and retain business with Rwandatel.
30. There was no legitimate purpose for the payment. In fact, as a result of the agreement with the Rwandatel Agent, ITXC earned profits of $217,418 from selling telephone service to customers calling Rwanda, Burundi and Uganda. ITXC could not have made such sales without having the Rwandatel Carrier Agreement that resulted from the bribes paid to the Rwandatel Agent.[/code]

Reka mbanze nisegure kuri bamwe bavuga ko ijambo “amabyi” ari ribi nyamara barivuga mu gifaransa cyangwa mu cyongereza bakumva ntacyo bitwaye.

Iyi nkuru nyisomye kuri website (nizere ko ijambo ry’ikinyarwanda rizaboneka vuba) y’ikinyamakuru [New Vision]. Ayo mazi kandi ntabwo ari mu kiyaga cyangwa umugezi ahubwo ni ayo muri za ‘robine’ zo mu ngo n’ahandi. Mbese abantu baba bayaguze ariko akabageraho avanze.

Ubu kandi muri iki gihe ngo yahindutse icyatsi kibisi.

Ubanza ariko ngo iryo bara ry’icyatsi ntacyo ritwaye cyane ngo kuko riterwa n’ibimera byabaye byinshi mu kiyaga cya Vigitoriya kandi amazi yaragabanutse.

Nahoze ndi gusoma ilisiti y’abantu bakize kurusha abandi ku isi ariko nsanze nta munyafurika wirabura uri muri 200 ba mbere. Nyamara uwakora ibarura ry’abica bene wabo kurusha abandi sinzi ko Afurika yabona umwanya uri kure cyane !!!

Cyokora hari aho nsomye ko cya gisambo Mobutu ngo yari atunze ibya mirenge nawe da. Kandi uwo mutungo we ukaba ungana n’imyenda Zaïre (Congo) yari ifitiye ibihugu by’amahanga.

Ntabwo namenya neza igituma nta banyafurika birabura bari ku ilisiti y’abantu bakize ariko nakwemeza ntashidikanya ko kuba “nta mupfumu iwabo” bishobora kuba bifite uruhare (n’ubwo rwaba ruto) muri ibi. Mu gihe umuntu atangiye kuzamuka bene wabo bashaka uburyo bamugusha.

Oprah Winfrey niwe mwirabura ukize kurusha abandi (Forbes magazine) akaba ari umunyamerika (cyane cyane mu mpapuro kimwe na Jackson). Ariko rero birashoboka ko hari ibindi bisambo biri ku butegetsi muri Afurika bifite menshi kurusha Oprah nubwo bitavugwa kubera ko aba ahishe hirya no hino kuko bitatinyuka gusobanura aho byayakuye mu gihe abaturage bicira isazi mu jisho.

I was tired of having to visit the computer many times a week to correct any problems it might have. I have installed all possible tools but still some sites trick the children to installing things that contain dangerous stuff. OK, I have told them how one should read every message before clicking on related buttons but still, some spyware manage to get installed especially when they are in a hurry.

I have tried to have them use a non-admin account but some games stopped working. So, they needed a computer that works. I decided to give a try to Ubuntu Desktop (I installed 7.04 Feisty Fawn) and it works fine so far. The install was straight forward and very quick. My daughter told me that she finds the interface nice and not different from the one she was used to.

It was even a nice way to explain that a COMPUTER and WINDOWS are two different things (not only because they do two different tasks, but because they are independent from one another). It’s a way to introduce them to democracy showing that there are different options.

Actually, it’s somebody else who installed it. It’s a family member who was on vacation here and she had never installed an operating system (even windows) before.

You may think I am dreaming but it is true that a 75 old woman in the Karlstad city of Sweden has been today the owner of the world’s fastest broadband connection.

Her name is ” Sigbritt Löthberg” and she is the mother of  “Peter Löthberg” one of the IT gurus of Sweden (he works for Cisco). He is sometimes referred to as the Swedish Internet father.

It is said that she is now able to download a FULL high definition DVD in two seconds (2s). She is better connected than most african countries combined.

The most interesting in all this is that she had never had an Internet connectin of her own.
http://www.idg.se/2.1085/1.114625

http://www.nyteknik.se/art/51506

Maze gusoma inkuru y’umupasitori w’i Buganda y’ukuntu akoresha imashini ibyara umuriro ngo yemeze abantu ko bafashwe n’umwuka wera mpita nibuka ukuntu bamwe batitira nti wasanga n’abo mu Rwanda bagira utwo tumashini.

Iyo ndebye uburyo abaturage b’ibihugu by’i Burayi bakora bashishikaye ngo bateze ibihugu byabo imbere naho iwacu abantu bakabyuka bakoza akarenge bakigira mu rwagwa abandi mu rusengero nibaza icyo tugamije kikanyobera. Ariko rero abazi gusenga cyane bambwira ko ubwami bw’ijuru aribwo bwa ngombwa kurusha ibiri hano ku isi. Ariko rero kubyemera ntabwo binyorohera kuko tuba hano ku isi kandi n’impapuro zandika bibiliya zikenera gukorwa ntabwo zihanuka mu kirere.

Inkuru iri mu cyongereza kuri site ya Monitor: http://www.monitor.co.ug/sunday/news/news07085.php

Nshakishije ba nyiri ako kamashini nsanze kaboneka kuri http://www.yigalmesika.com/electric%20touch.htm

Abakeneye gutitira no gutitiza nababwira iki.

C’est parti Hugo Chavez a finalement déclaré que son pays, le Venezuela, quitte ces deux institutions néo-coloniales dont le but numéro un est de perpétuer la pauvreté et la misère des pays en voie de développement.

Même si ce n’est pas envisageable, espérons que cette décision va pousser les propriétaires de ces institutions à penser à une réforme complète.

Quelques liens:

Reka ngire icyo mvuga ku nyandiko z’abandi banyarubuga bagize icyo bavuga kuri posting yanjye y’ubushize yerekeye privatisation mu Rwanda. Nkaba nishimira uburyo tuganira ku bibazo by’igihugu. Iyo rero uburyo bikorwa butanoze, icyo gihe ikabazo ntikiba kikiri
privatization ahubwo iba ari uburyo ikorwa, mu bihugu bimwe yakozwe
nabi cyane nka Ukraine, na Russia kuburyo ubu barimo barabisubiramo!
” (Shyaka)

Urakoze kubivuga ko muri Ukraine na Russia ubu bari gusubiramo Privatization. Icyo Privatisation yamaze muri ibi bihugu ni “creating a class of billionaires” gusa. Hanyuma bamara gukuramo ayabo, Leta ikongera igasubirana ibyo bipampara, ikabishyiramo andi mafaranga kugira ngo byongere bigire ubuzima, maze ikongera ikagurisha. Nyuma na none abazafata ubutegetsi bashobora kuzasanga n’impamvu zatumaga bigurishwa zitarafatikaga. Sinzi rero niba iyi gatebe-gatoki dukwiriye kuyifuriza u Rwanda.

Tugarutse ku Rwanda, urabizi kandi najye ndabizi, Rwandatel yakoraga nabi kandi impamvu si iyindi ni uko abayiyobora bashyirwagaho n’abanyapolitiki!” (Shyaka)

Nibyo koko RwandaTel yakoraga nabi. Ariko impamvu y’iyo mikorere mibi ntabwo tuyibona kimwe Shyaka. Ntabwo ari uko abayobozi bayo bashyirwagaho n’abanyapolitiki. Ahubwo njyewe mbona ari uko bashyirwagaho bakumva bari hejuru y’amategeko ndetse bamwe nta n’ubushake babifitemo . Ibi rero ni bibi cyane kuko niba umuntu atwara amafaranga ya RwandaTel (Leta) maze bigashirira aho kuko ari umunyabubasha bwinshi cyane, nta kizabuza uzamusimbura nawe kuyatwara. Urumva rero ko icyangombwa atari ukureba ushyiraho nde; ahubwo ni ukureba impamvu iyo bimaze kugaragara ko yakoze nabi adakurikiranwa agahanishwa juste kuvanwa ku buyobozi rimwe na rimwe akanagabirwa undi mwanya. Ibi nta kindi bimara usibye kuburira uzamukurikira ngo nakoramo azakoreremo rimwe atware menshi kuko nibigaragara ko yakozemo ashobora kuzavanwaho (Cyokora akaba abizi ko ntacyo azaba, ko bizashirira aho).

Iyo rero umutegetsi wo hejuru ahugiye mu kwiba amafaranga y’ikigo yashinzwe gucungira abanyarwanda, nta kindi abakozi bo hasi bakora kuko baba bazi ko ntawe uzababaza. Ntaba azi n’ibyo ikigo cye gishinzwe kuko aba yibwira ko akazi kacyo mu gihugu ari ukumugaburira gusa. Aha rero urumva ko hierarchie yose ihita irwara.

Byose biragenda bikagwa kuri “Mauvaise Gestion” na “Systeme Judicaire” idakora akazi kayo kubera gutinya abanyabubasha. Nk’uko nabivuze muri message yanjye ya mbere, ntabwo imikorere mibi yatuma dushyira igihugu muri danger (kugurisha ibigo strategique ku banyamahanga), ahubwo ni ukureba ko iyo mikorere mibi yavaho. Niba rwose ikibazo ari ugushyirwaho n’abanyaPolitiki, uwashyiraho se nka commission y’aba-Experts bakajya bashyiraho uwo muyobozi byakunda? Proposition yanjye yaba ko Leta yagumana ibyo bigo ahubwo hakigwa ku miyoborere yabyo. Nk’urugero, hajya habaho ipiganwa (riciye mu mucyo) buri myaka ibiri ry’abantu bashaka kuyobora RwandaTel, Electrogaz, … kandi bakerekana icyo bateganya gukora muri iyo manda yabo (ibintu précis). Bityo batakigeraho bakaba bagaragaye ntibongere gusubizwaho ndetse bagafatirwa ibyemezo. Kandi nk’uko mbyemera, ibyo bigo bya Leta si byiza ko bigira Monopole. Yaba iyanditse mu mategeko cyangwa se iyo byakwiha bikoresheje umutungo wabyo mwinshi (nka bimwe bya Microsoft). Buriya ntubibona ko Terracom ishobora kuzarangiza ibaye Monopole bikanabura igaruriro? Ishobora kuzakoresha amafaranga maze abandi bakabura aho bahera. None se Shyaka, wambwira icyo bimaze gukuraho “a state-owned monopoly” hanyuma ukayisimbuza “a privately-owned monopoly”? (byajya gupfa byose ikaba “a foreign-owned monopoly”).

Uko byagenda kose mu gihe twe ubwacu tutari twabona amafaranga ahagije, tugomba kwemera abanyamahanga bakaza tugafatanya, icyangombwa ni uko imyanya y’ubuyobozi byibuze 80% iba irimo abanyarwanda” (Shyaka)

Gufatanya ni byiza kuko abishyize hamwe ngo nta kibananira. Nkwibarize nti iyo compagnie iguze indi biba biri gufatanya? Njyewe numva atari byo kuko icyo gihe imwe iba ibaye “property” y’indi (Muri Maths babyita Inclusion aho kuba Intersection). Ikaba yayikoresha icyo ishaka ikurikije amategeko (iyo ayo mategeko ahabwa agaciro kayo) cyangwa ikurikije uko nyirayo abyumva (iyo ayo mategeko asuzugurwa cyangwa atariho). Ejo Microsoft bayiciye amande ya Miliyoni 32USD muri South-Korea kubera kwiharira amasoko ikoresheje amafaranga n’amayeri. Urambwira ko ubucamanza bwo mu Rwanda bureka abanyabubasha bibye bushobora gutinyuka Microsoft? Uko rero niko batatinyuka na Terracom.

Hari icyo nagirango nongereho ni uko ariya masosiyete aba ari autonome muri economical management and so the gov becomes a normal shareholder. any shareholder decides what to do with his shares anytime as long as he moves to a more strategic position.” (Gasore)

Njyewe informations mfite ni uko Terracom yaguze shares zingana na 99% Leta yari ifite muri RwandaTel. Assuming this info is correct, kandi ukaba ucyemera biriya naciyeho umurongo sinzi impamvu utemeranya nanjye ko biteye ikibazo.
Leta yacu kugurisha ibigo byayo si bibi na gato nawe uri umuprivate
ukaba ufite imari ahantu ubona udashobora kuyicunga neza urayitanga
that happens everywhere.
” (Gasore)

Iyi ngingo sinsobanukiwe neza impamvu uyivuze kuko Leta ntabwo ari “a private company or business”. Personnaly, I am a business owner, so when I find that a certain area is not profitable, I move to a brighter one. Should this happen to the Government? My answer is no. Ari ibyo Electrogaz ntiyazigera ishyira umuriro ahantu hadatuwe cyane cyangwa hatuye abakene kuko amafaranga yo kuwuhageza yaba ari gupfa ubusa (capitalism). None ni ikihe cyizere ufite ko Terracom izita kuri Rural Telephony mu gihe ibizi ko abaturage baho nta mafaranga yo kuyishyura bafite? Ariko Rwandatel, as a public institution, yagombye kuba ifite mu nshingano zayo guteza imbere itumanaho mu byaro. Kuvuga rero ko kugurisha ibigo bya Leta atari bibi na gato numva nagusaba kugira nk’ijambo wabwira bariya bakozi birukanwe nta n’icyizere cyo kubona akandi kazi kuko n’abari hanze barakabuze (Assuming that your mother or brother is among them).

Naho ku bushobozi usanga still tukiri inyuma iyo urebye surtout nka
performance y’ amabanki y’ abanyyagihugu aha ndavuga nka BCDI,
COGEBANQUE, Bancor, usanga zo zidashobora kutubonera loans zikenewe
ngo tube twagura biriya bigo
” (Gasore)

Bwana Gasore, niba UMUSESO waravugaga ukuri, bariya banyarwanda bambuye ama Banks yo mu Rwanda amafaranga angana iki? [Nyina wa] Gahima yaba yarahawe amafaranga angana iki na BACAR? [Unyumve neza ntacyo mpfa nawe ariko sinabashije kumenya icyo yari agiye kuyamaza kuko ni umubyeyi ukuze bihagije. I am sorry kumuvuga kuko nubaha ababyeyi cyane.] Urumva rero ko hano tugaruka kuri cya kibazo cya “Fair Competition” and “rule of law“. Kubera iki [Nyina wa] Gahima ayabona les jeunes ingénieurs ntibayabone? Ni ukubera ko na Banks zitinya abanyabubasha zikabaha amafaranga bagiye kubika kandi babizi neza ko batazayishyura. Ayo mafaranga ahawe abagiye kuyabyaza umusaruro, wumva abanyarwanda batabona akazi ari benshi? (Cyokora ubanza iki kibazo cy’amabanki kitajyanye cyane n’iri gurishwa ry’ibigo bya Leta tuganiraho).

Leta ni tuyifashe hasi, twisake turebe ce que nous valons, hanyuma
tubone uko tujya gupigana n’abo banyamahanga, naho ubundi leta zacu
zizakomeza kuba “care takers”, harya vijoni 20/20 izatangira ryali?
” (Rugura)

Rugura, gupigan[w]a n’abo banyamahanga ni ingenzi. Gupiganwa nabo ariko rero ntibishoboka igihe barangije kutugura kuko biba bibashyize muri “Position” itatworohereza ipiganwa ahubwo ibashyira igorora. Kandi wibuke ko babanza gukora “travail psychologique” yo kutwemeza ko ntacyo tubashije (ingero zirahari). Ibyo babishoramo amafaranga n’imbaraga nyinshi bagakoresha institutions Internationales. Cyokora reka twizere ko ubwo umunyarwanda ariwe utegeka BAD (ADB) bizahinduka maze akazi ko kutwoza ubwonko ntikorohe. Mr Rugura, do you beleive an act leading to a lay off of 40% of the Rwandatel employees has stopped our government from being a “care taker”? Virtually, Yes. In reality, No.

… even in China foreign companies have foreign presidents, … ” (Rugura)

N’ubundi ntabwo nigeze nsaba ko foreign companies zagira necessairement Rwandese presidents n’ubwo bibaye bitaba bibi.

Ikibazo nakubaza ni: Are there chinese state-owned companies with foreign presidents? If yes, why? If no, why?

Ni iki gitera some latin-american governments kwamagana imigambi ya Bush na IMF?

Icyo nemeza n’uko mwembi ntawaba yarasomye agreements zakozwe
hagati ya Leta n’abo baguze ibyo bigo,cyane cyane kubyerekeye
imikoranire yabo na BNR,Tresury,no kubirebana na fonctionnement
na transparency.
” (Musonera)

Uzi kuraguza umutwe rwose kuko ni byo koko ntabwo nasomye izi agreements. Uzifite waha abanyarubuga (nanjye ndimo) uburyo bwo kuzisoma. Usibye ko ntazi niba kuzisoma hari icyo byahindura ku mizi y’ikibazo nyacyo. Njye navugaga cyane ku mpamvu yatuma izo agreements zibaho. Kubera iki? Impamvu nabashije kumva (hear) ni ziriya zijyanye n’imicungire mibi kandi nizo nagize icyo mvugaho.

Mwabaye muretse mukareba difference y’ibigo
byigenga ubu,mukabigereranya na mbere,maze tukazabona kwigisha
Economie kuri Internet?
” (Musonera)

N’ubundi njye sinigeze ndwanya ibigo byigenga. Muri Posting yanjye birimo. Economie yo ubanza ntanashobora kuyigisha kuko sinyizi bya gihanga.

Mukamabano Claudine ati “niba rero tugikoronijwe ibyo simbizi ? kuko ikigaragara n’uko duha agaciro abanyamahanga kurusha abanyarwanda“. Nanjye nti mbona ubukoloni bwaravuyeho mu mpapuro ariko mu migirire buracyahari mu bwihisho. Hari uwambwiye ko muri Gabon barya inyama zivuye mu Bufaransa. Ngo rimwe na rimwe ujya gusura umuntu akakubwira igituma adafite inyama ari uko “Le cargo n’est pas venu!!“. Na none ngo Gabon bayihaye ubwigenge abize bayo batabushaka; bo bishakiraga kuba intara y’u Bufaransa. Wumva ibi bitababaje?

Mbaye mbashimiye mwese tuganira kuri iyi ngingo.

Thanks

Emery

—– Original Message —–

From: Gasanaja

To: rwanda-l@yahoogroups.com

Sent: Tuesday, December 06, 2005 23:03

Subject: [rwanda-l] Re: Kugurisha ibigo bya Leta ni amakosa

Dear Vincent:

Thank you for your comment. The main reason you hear about
privatization in Rwanda is mismanagement, but whose fault? I also
believe that our government is mismanaged, should we privatize it?
As you know, we cannot stop the privatization in Rwanda. It has
become the quick way to get rich for members of the government. We
cannot stop it, but at the same time, we cannot keep quiet. At least
we have to say something even if we are preaching to the wrong
choir.
Frankly, we continue to see dirty tricks of scheme that deprive
Rwandan people of honest services. We the people have the right to
honest service from our public officials; it is a right, not a
privilege. You may disagree with me, but corruption occurs when
officeholders agrees to misuse their offices in expectation of gain,
as we continue to see it in Rwanda. The people have no say in the
entire privatization. Few unelected officials make decision for us
like we do not exist. Do you like that?
Our official owe to the public a fiduciary duty and that is what we
are demanding, and the failure to disclose material information, as
we saw in Rwandatel privatization, breach this duty and constitute a
violation of fraud.

We have to show that we disapprove their move. At least I as a
citizen, I believe I have that duty.

Regards,

Justin Gasana

— In rwanda-l@yahoogroups.com, “rugura” wrote:
>
> Gasana na Nzeyimana
>
> Kwica amategeko bitandukanye no kutayagira, there is a political
> aspect you seem to forget in the privatization, and there is a
> social aspect of it.
> Nk’ino aha muli Canada amatora yegereje Unions are throwing their
> support over the “left leaning parties”, the “right leaning” or
> conservatives being pro-privatization, liberals having one leg
each
> side, democrats and republicans have the same tendancies in the
> states, labors and tories in britain same.
> Nimube ba Péans economiques, ndakeka ko mutazabura ababaha
> informations mumiteganyilize ya provatization mu Rwanda, aliko
> kwihandagaza ngo ni IMF itanga amategeko byaba ali half-truth,
even
> in China foreign companies have foreign presidents, tugaye
ibikwiye
> kugawa, aliko twe gukabya mu ruhande utwali rwo rwose, nyamara
> mwitonze Rutigita na Gasore babaha informations mwifuza,
mutazibatse
> nka ba “Robin hood”
> We still have a long way to go, the rule of law we claim to be
> ridding on command mutual respect.
>
> Rugura
>
>
> — In rwanda-l@yahoogroups.com, “gasanaja” wrote:
> >
> > Nzeyimana we,
> >
> > Uvuze neza cyane. Najye ibyo mvuga aha ariko benewacu
> bakabihindura
> > intambara n’urwango.
> >
> > Komera,
> >
> > JG
> >
> > — In rwanda-l@yahoogroups.com, “NZEYIMANA Emery Fabrice” wrote:
> > >
> > > Banyarubuga muraho murakomeye?
> > >
> > > Maze iminsi nibaza ku igurishwa ry’ibigo bya Leta nkaba nifuza
> > kugira icyo mbivugaho.
> > > Nibaza niba ari ngombwa ko ibyo bigo bigurishwa kuko nsanga
> > impamvu zitangwa n’uburyo bikorwamo bidafite ishingiro.
> > >
> > >
> > > Ibigo bya Leta bitegekwa nabi kandi ntabwo byunguka
> > >
> > > IMF na World Bank zikoreshejwe n’ibihugu bikaze zitegeka
ibihugu
> > byoroheje kugurisha ibyo bigo bigamije inyungu zihishe. Kandi
> > barabizi ko kubera Corruption yamunze ibi bihugu byacu
babigurisha
> > n’ababasha gutanga ruswa nyinshi. Igikurikiraho ni uko
> abanyamahanga
> > baza bakigabiza ibyo bigo, bakirukana abakozi b’abanyagihugu,
> > inyungu zose bakuramo bakajyana iwabo. Ayo mafaranga niyo
yirirwa
> > atangwamo Aide Sociale ku baturage babo naho abacu bicira isazi
mu
> > jisho. Ayo mafaranga akoreshwa mu mirimo inyuranye iwabo.
> > >
> > > Ku bwanjye numva aho kugurisha ikigo cya Leta urwitwazo
rwabaye
> ko
> > gitegekwa nabi ahubwo hagombye gushakwa uburyo cyategekwa neza.
> > Kandi birashoboka kuko ubucamanza n’ubugenzacyaha buramutse
> > bwemerewe gukora akazi kabwo neza nta kuvangirwa bibayeho,
> > abategetse ibyo bigo nabi bagahanwa by’intangarugero,
bagasimbuzwa
> > abandi babishoboye hatabayeho icyenewabo, hagakurikizwa
ubushobozi
> > nta kugabirwa, byose byatungana.
> > >
> > > Ese noneho igihugu nikiyoborwa nabi tuzagiteza cyamunara?
Nigeze
> > kumva kuri Radio BBC aba-taximen b’i Burundi bavuga ko uBurundi
> > bwabuze ubutegeka bityo bukaba bukwiye kugurishwa maze buri
> muturage
> > bakamuha aye noneho abo ba-taximen bakigira kuba muri Kenya
> > n’ahandi. Njyewe siko mbibona kandi numva ibi
ari “agahomeramunwa”
> > wa mugani w’abarundi. Ntibishoboka ko igihugu gituwe n’abantu
> > miliyoni 8 cyabura abantu bo kugitegeka cyangwa kugitegekera
ibigo
> > byacyo. Biriya bigo rero byibwa n’abo banyamahanga
babifashijwemo
> > n’abanyarwanda bikwiye kugarurirwa abenegihugu. Inyungu
zibivuyemo
> > zikarushaho kugirira abanyarwanda akamaro.
> > > Kuba ibyo bigo bitegekwa nabi ni uko bitegekwa n’abantu
> > batabifitiye ubushobozi cyangwa se ntibahabwe uburenganzira
> buhagije
> > ahubwo bagahora bakorerwamo. Ikindi ni uko hari abasabwa
> kubitegeka
> > bakagira ngo barabyeguriwe; hakiyongeraho ko amategeko mu bihugu
> > byacu agaragara nk’impapuro yanditseho zicibwa igihe bishakiwe
> > n’abanyabubasha ugasanga babaye ba simbikangwa ibya Leta bikaba
> > akarima kabo.
> > >
> > > Hakenewe abashoramari b’abanyamahanga
> > >
> > > Ni byiza ko hagira abanyamahanga baza gushora imari yabo mu
> > Rwanda. Ariko rero gushora imari yabo mu Rwanda ntibigomba kuba
> > imbogamizi ku banyarwanda bashaka gushora imari yabo mu Rwanda
> > rwabo. Imari y’abanyarwanda nyibona kwinshi. Harimo amafaranga
> > ndetse n’ibitekerezo. Kuba abo banyamahanga baba bafite
amafaranga
> > menshi ntabwo bivuga ko bakora neza kurusha abanyarwanda. Kubera
> ko
> > ntawe umenya byose, hari aho dukeneye abo banyamahanga ariko si
> > hose. Ndetse ushobora no gusanga muri Secteur iyi n’iyi
badakenewe
> > 100%. Urugero ni muri ICT. Isi isa n’aho yabaye igihugu kimwe
aho
> > ubumenyi butagipfa kwiharirwa n’abantu bamwe. Birababaje rero
> kumva
> > ngo abantu aba n’aba ndetse b’abanyamahanga nibo bemerewe
gukorera
> > mu Rwanda bonyine kandi hatabuze abanyarwanda babibashije.
> > RwandaCell, Terracom, ComputerPoint, … zihariye amasoko yo mu
> > Rwanda kandi zigasarura zijyana iwabo mu gihe abanyarwanda
bahari
> > kandi babishoboye babuze akazi. Abo banyarwanda iyo bafite akazi
> > barifasha ndetse bakanafasha na bene wabo iyo mu giturage
> n’ahandi.
> > Iyo bafite akazi nibo bubaka amazu mu gihugu. Iyo bafite akazi
> nibo
> > babasha kurihirira abandi banyarwanda amashuri n’ibindi. Iyo
> bafite
> > akazi batanga imisoro izamura igihugu n’abagituye. Mu gihe abo
> > banyamahanga basarura bajyana iwabo umunyarwanda ntibigire icyo
> > bimumarira.
> > >
> > > Ni ngombwa ko ibyo bigo bya Leta bibaho kugira ngo igihugu
> cyizere
> > umutekano wacyo. Guha abanyamahanga ubushobozi ndengakamere mu
> rwego
> > rw’ingufu n’itumanaho ni amakosa akomeye cyane. Guha
abanyamahanga
> > ubushobozi ndengakamere mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi uba
> ushubije
> > igihugu mu bukoloni. Babishatse bashobora guhagarika ubuzima
cyane
> > cyane ko amategeko yo mu bihugu byacu ntacyo aba ababwiye. Baba
> > bagendera ku y’iwabo badakangwa n’ikintu icyo ari cyo cyose.
> > >
> > >
> > > Umwanzuro:
> > >
> > > Ibigo bya Leta bikwiye kubaho ahubwo hakigwa uburyo byacungwa
> > neza. Bakagendera ku ngero nyinshi kandi zifatika z’izindi Leta
> > ndetse zinarimo izishuka iz’iwacu muri uko kugurisha. Leta
> > y’Ubufaransa ifite ibigo byinshi kandi bikora neza ndetse
> > bikanapiganwa n’ibyigenga. Leta y’Ubwongereza iri kwiga uburyo
> > yakwongera kugira ijambo rya nyuma mu rwego rw’ingufu nyuma yo
> > kururekura. Leta ya Suwedi ifite ibigo byinshi kandi bikora neza
> > kandi bipiganwa n’ibyigenga nta kibazo. Leta ya Noruveji ifite
> ibigo
> > byinshi kandi bikora neza.
> > >
> > > Icyihutirwa muri ibi byose ni ugushyiraho amategeko agenga
> > ipiganwa mu bucuruzi (Fair competition) kandi ayo mategeko
> > agakurikizwa. Na none ubucamanza bukwiriye kujya bukurikirana
> > abanyereza umutungo w’ibyo bigo bya Leta. Hato ejo inteko
> > y’abadepite ntizayoborwe nabi ngo itezwe cyamunara. Polisi
> y’igihugu
> > nikora nabi yegurirwe abanyamahanga. …
> > >
> > > Na none gushyiraho ibyo bigo bya Leta ukabiha Monopole
byangiza
> > ipigangwa umunyagihugu wese yagombye kugiraho uburenganzira.
Bityo
> > abantu bose bakaba bategetswe gushaka akazi muri icyo kigo
kimwe.
> > Ikigo cya Leta gishobora gupiganwa n’icyigenga kandi byombi
> > bikunguka bikanungura abanyarwanda.
> > >
> > >
> > >
> > > Njyewe ni uko mbibona kandi uwampora ko tutabibona kimwe azaba
> > andenganyirije ubusa.
> > >
> >

« Previous PageNext Page »