Politics


It’s good news Mobile phone companies are scrapping Roaming charges. I even wonder if they had many customers paying roaming fees as most people I have seen had SIM cards for every country they visit. As cars moved to the left when crossing the Gatuna (Katuna in ruganda) border, phones users switched their SIM cards.

I remember that the MTN Uganda SIM card received signal up to around 5 kilometers inside Rwanda (from the Gatuna border) but the MTN Rwanda signal was not strong enough to be used after crossing the border.

Let’s hope other business institutions such as Banks will follow the example set by MTN. And the Internet providers should realize the benefits of interconnection without waiting for EASSY and/or other super-regional initiatives that may end up dying before their birth certificate is signed.

By the way, when will Ugandans start driving on the RIGHT ? (Should I say the right side not the wrong one? ;) )

Umunyamakuru wo kuri Televiziyo yitwa TV4 yo muri Suwedi yarutse mu gihe yari ari gukora ikiganiro cya tombola kuri televiziyo. Yagize isesemi kubera ko atwite ahari

.

.Igitangaje muri ibi ariko ni ukuntu yavuye kuruka aho ku ruhande agahita akomeza ikiganiro adategwa.

Maze kumenya ko Rwandatel ubu iri gutegekwa n’umunyarwanda ukiri muto nashimishijwe n’icyo gikorwa. U Rwanda ruzazamurwa n’amaboko y’abana barwo.

Hari impamvu nyinshi zituma numva iki ari igikorwa cy’ingenzi:

  • Ni umunyarwanda: ntabwo tugomba kujya duhora twisuzugura ngo nta mupfumu iwabo. Kubera iki se umuntu adashobora kuba umupfumu iwabo igihe abibashije?
  • Ni muto: amaraso y’ubuto atuma umuntu ashakisha ibyinshi byagirira akamaro ibyo akoramo. Aba ashobora gukora ijoro n’amanywa adakorera cyane cyane “supelemanteri (mu kirundi)” ahubwo nawe ubwe ari kwiyubaka mu bumenyi bushya kuko ibya tekinoloji bihinduka buri munsi utabikurikiye byagusiga. Hari umugani witwa uw’Abidishyi mbona waranditswe mu rwego rwo gutesha agaciro abakiri bato werekana ko iyo abakiri bato bategetse byose bihita byangirika. Ariko njye nywushyira mu rwego rwa poropagande yo kwimira abakiri bato.
  • Yigeze kwikorera (business owner): iyi ni ingingo y’ingenzi nayo kuko umuntu wigeze kwikorera n’iyo akoreye undi (n’iyo yaba Leta) akora nk’uwikorera agakora uko ashoboye kwose. Umuco wo kwikorera utuma umuntu adahora ategereje gushimwa gusa.

Icyo nakwifuza muri ibi byose ni uko n’ibindi bigo bya Leta byakwegurirwa abakiri bato maze tukareba niba batari bugire icyo barusha abagiye babitegeka kera wasangaga akenshi bari hafi kujya mu kiruhuko cy’iza-bukuru.

Hari umwarimu wigeze kunyigisha agakunda kuvuga ngo [code]Experience is somehow a very bad thing, because those who count only on experience are less innovative. They keep saying: we have been doing things this way and we have never had problems, why should we change?[/code]

Ibi simbivugiye kwemeza ko uburambe ku kazi bugomba gutuma ugakora yirukanwa, ahubwo ni uko nibwira ko biba ngombwa kugerageza ibintu bishya naho ubundi wasigara inyuma burundu. Aha rero ba njennyeri bakiri bato bagira akamaro maze bagakorana n’abo bafite uburambe bateza ibigo byabo imbere.

Iyi nkuru ivuye ku rubanza rwaciwe muri Amerika (USA) (Ikirego | Kwemera icyaha). Cyokora sindamenya uwo mukozi bavuga uwo ari we. Nizere ko abashinjacyaha b’i Kigali bari bugire icyo babitubwiraho mu minsi iri imbere.

Ibi bikurikira biri ku ipaji ya munani.

[code]
B. Bribes in Rwanda
25. At the direction of defendants Ott and Young, Amoako negotiated with an employee of Rwandatel in February 2002 to obtain a carrier agreement between ITXC and Rwandatel. With the full knowledge and approval of Ott and Young, Amoako promised to compensate the Rwandatel employee as an agent of ITXC if he would influence Rwandatel to agree to favorable terms for the exchange of telecommunications traffic with ITXC. The Rwandatel employee agreed and became ITXC's agent (hereinafter "the Rwandatel Agent").
26. On February 28,2002, Rwandatel and ITXC entered an agreement to exchange telecommunications traffic (hereinafter the "Rwandatel Carrier Agreement"), which the Rwandatel Agent signed as an employee of Rwandatel.
27. On July 2,2002, ITXC entered into a formal agent agreement with the Rwandatel Agent, which defendant Ott signed on behalf of ITXC. The agreement entitled the Rwandatel Agent to $0.01 for each minute of telephone traffic that ITXC was
able to complete to telephone subscribers in Rwanda (as well as in Burundi and Uganda where Rwandatel had the right to complete telephone calls) under the Rwandatel Carrier Agreement. Pursuant to the agent agreement, Ott and Young approved a payment to the Rwandatel Agent of $26,155.1 1 on September 1 1,2002. ITXC made this payment
through a wire transfer from its account at PNC Bank in New Jersey to the account of the Rwandatel Agent at Standard Chartered Bank in Dubai.
28. Ott and Young caused ITXC improperly to record the foregoing payment to the Rwandatel Agent as a legitimate expense on ITXC's books and records.
29. At all relevant times, Ott and Young knew that the Rwandatel Agent was an employee of the foreign government-owned Rwandatel. The sole purpose of the payment was to influence the Rwandatel Agent, a foreign official, to steer the Rwandatel Carrier Agreement to ITXC and thereby enable it to obtain and retain business with Rwandatel.
30. There was no legitimate purpose for the payment. In fact, as a result of the agreement with the Rwandatel Agent, ITXC earned profits of $217,418 from selling telephone service to customers calling Rwanda, Burundi and Uganda. ITXC could not have made such sales without having the Rwandatel Carrier Agreement that resulted from the bribes paid to the Rwandatel Agent.[/code]

Muri PL (Parti Libéral) ngo habayeho gukoresha ruswa (cyangwa se mbyite kwiba amajwi) mu gihe cy’amatora yabaye kuwa 5 Kanama uyu mwaka wa 2007. Mitali Protais (wari uhanganye na Gatete Polycarpe) ngo niwe watowe ariko akaba yarakoresheje uburiganya nk’uko byanditswe na New Times. Gusa ubanza bitaremezwa burundu ko ubu buriganya bwabayeho.
Ababyibuka rero ubwumvikane buke mu mashyaka muri za 93-94 nibwo bwaje kubyara ibipande byaje kwitwa “Pawa” (Power) n’ “Amajyojyi” hanyuma bimwe muri ibyo bipande bigahamagarira abanyarwanda guca amajosi y’abaturanyi babo igihe “umubyeyi ???” yari amaze kwicwa kugeza ubwo u Rwanda rwose rutemba imivu y’amaraso.

Nizere ko ubu buriganya butaza kuvamo ibipande bihanganye nk’uko byagenze icyo gihe. Mitali kandi nka Minisitiri w’ubucuruzi yaba ari gukorwaho iperereza na Polisi kubera ubundi buriganya buvugwa mu gutanga amasoko ya Leta. Bwo yaba yarabwemeye ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru.

Reka mbanze nisegure kuri bamwe bavuga ko ijambo “amabyi” ari ribi nyamara barivuga mu gifaransa cyangwa mu cyongereza bakumva ntacyo bitwaye.

Iyi nkuru nyisomye kuri website (nizere ko ijambo ry’ikinyarwanda rizaboneka vuba) y’ikinyamakuru [New Vision]. Ayo mazi kandi ntabwo ari mu kiyaga cyangwa umugezi ahubwo ni ayo muri za ‘robine’ zo mu ngo n’ahandi. Mbese abantu baba bayaguze ariko akabageraho avanze.

Ubu kandi muri iki gihe ngo yahindutse icyatsi kibisi.

Ubanza ariko ngo iryo bara ry’icyatsi ntacyo ritwaye cyane ngo kuko riterwa n’ibimera byabaye byinshi mu kiyaga cya Vigitoriya kandi amazi yaragabanutse.

Nahoze ndi gusoma ilisiti y’abantu bakize kurusha abandi ku isi ariko nsanze nta munyafurika wirabura uri muri 200 ba mbere. Nyamara uwakora ibarura ry’abica bene wabo kurusha abandi sinzi ko Afurika yabona umwanya uri kure cyane !!!

Cyokora hari aho nsomye ko cya gisambo Mobutu ngo yari atunze ibya mirenge nawe da. Kandi uwo mutungo we ukaba ungana n’imyenda Zaïre (Congo) yari ifitiye ibihugu by’amahanga.

Ntabwo namenya neza igituma nta banyafurika birabura bari ku ilisiti y’abantu bakize ariko nakwemeza ntashidikanya ko kuba “nta mupfumu iwabo” bishobora kuba bifite uruhare (n’ubwo rwaba ruto) muri ibi. Mu gihe umuntu atangiye kuzamuka bene wabo bashaka uburyo bamugusha.

Oprah Winfrey niwe mwirabura ukize kurusha abandi (Forbes magazine) akaba ari umunyamerika (cyane cyane mu mpapuro kimwe na Jackson). Ariko rero birashoboka ko hari ibindi bisambo biri ku butegetsi muri Afurika bifite menshi kurusha Oprah nubwo bitavugwa kubera ko aba ahishe hirya no hino kuko bitatinyuka gusobanura aho byayakuye mu gihe abaturage bicira isazi mu jisho.

I was tired of having to visit the computer many times a week to correct any problems it might have. I have installed all possible tools but still some sites trick the children to installing things that contain dangerous stuff. OK, I have told them how one should read every message before clicking on related buttons but still, some spyware manage to get installed especially when they are in a hurry.

I have tried to have them use a non-admin account but some games stopped working. So, they needed a computer that works. I decided to give a try to Ubuntu Desktop (I installed 7.04 Feisty Fawn) and it works fine so far. The install was straight forward and very quick. My daughter told me that she finds the interface nice and not different from the one she was used to.

It was even a nice way to explain that a COMPUTER and WINDOWS are two different things (not only because they do two different tasks, but because they are independent from one another). It’s a way to introduce them to democracy showing that there are different options.

Actually, it’s somebody else who installed it. It’s a family member who was on vacation here and she had never installed an operating system (even windows) before.

You may think I am dreaming but it is true that a 75 old woman in the Karlstad city of Sweden has been today the owner of the world’s fastest broadband connection.

Her name is ” Sigbritt Löthberg” and she is the mother of  “Peter Löthberg” one of the IT gurus of Sweden (he works for Cisco). He is sometimes referred to as the Swedish Internet father.

It is said that she is now able to download a FULL high definition DVD in two seconds (2s). She is better connected than most african countries combined.

The most interesting in all this is that she had never had an Internet connectin of her own.
http://www.idg.se/2.1085/1.114625

http://www.nyteknik.se/art/51506

Maze gusoma inkuru y’umupasitori w’i Buganda y’ukuntu akoresha imashini ibyara umuriro ngo yemeze abantu ko bafashwe n’umwuka wera mpita nibuka ukuntu bamwe batitira nti wasanga n’abo mu Rwanda bagira utwo tumashini.

Iyo ndebye uburyo abaturage b’ibihugu by’i Burayi bakora bashishikaye ngo bateze ibihugu byabo imbere naho iwacu abantu bakabyuka bakoza akarenge bakigira mu rwagwa abandi mu rusengero nibaza icyo tugamije kikanyobera. Ariko rero abazi gusenga cyane bambwira ko ubwami bw’ijuru aribwo bwa ngombwa kurusha ibiri hano ku isi. Ariko rero kubyemera ntabwo binyorohera kuko tuba hano ku isi kandi n’impapuro zandika bibiliya zikenera gukorwa ntabwo zihanuka mu kirere.

Inkuru iri mu cyongereza kuri site ya Monitor: http://www.monitor.co.ug/sunday/news/news07085.php

Nshakishije ba nyiri ako kamashini nsanze kaboneka kuri http://www.yigalmesika.com/electric%20touch.htm

Abakeneye gutitira no gutitiza nababwira iki.

« Previous PageNext Page »