Politics


Naraye mvuganye n’umuntu uri i Kigali mu Rwanda turi kuganira ambwira ko yavuye ku nzoga nti ni byiza burya n’ubundi inyinshi zirangiza. Yansekeje aho yambwiye ati [code]Erega nawe ugarutse i Kigali wahita uba umurokore!!![/code] Kandi igitangaje ni uko abizi neza ko ntashobora kuba umurokore cyeretse yenda ari nk’akazi bampaye nkaba nshinzwe kuba umurokore. Nabwo najya mbwira abangana nti mujye mwumva ibyo mvuga ntimukibaze ibyo nemera!

Ariko yaje kunsobanurira ati [code]ubu kubera ubukene buri i Kigali, ugomba kwiyita umurokore kugira ngo ubashe gukwepa abashaka ko ubasengererera.

Naho ubundi wazabaho wishyura amadeni gusa cyangwa ukwepakwepa abo ufitiye imyenda y'inzoga.[/code]

Ngo [code]ubu abagore basigaye biyogoshesha bakabeshya bagenzi babo ko bumvaga hari ubushyuhe bwinshi maze bahitamo kuvanaho imisatsi.[/code]

Namubwiye nti ubanza noneho ari Gitwaza ubyungukiramo kuko ubwo abamugana bariyongera.

Yarangije ambwiye uburyo (strategy/stratégie) abantu basigaye bakoresha iyo hari umuturanyi cyangwa undi muntu ubabangamiye: [code]Iyo umuntu akubangamiye ntabwo bikiri ngombwa kujya kumurega kuri Polisi y'Igihugu. Icyoroshye ni ugushaka uburyo umuguriza amafaranga mukavugana igihe azayakwishyurira. Ubwo iyo icyo gihe kigeze cyo kukwishyura muba mubyaranye abo kuko atongera kuboneka. Iyo ari umuturanyi rero bwo aba abonye impamvu yo kwimuka nijoro.[/code]

.

C’est parti Hugo Chavez a finalement déclaré que son pays, le Venezuela, quitte ces deux institutions néo-coloniales dont le but numéro un est de perpétuer la pauvreté et la misère des pays en voie de développement.

Même si ce n’est pas envisageable, espérons que cette décision va pousser les propriétaires de ces institutions à penser à une réforme complète.

Quelques liens:

Website ya The new Times (http://www.newtimes.co.rw) iba online inshuro zitari nyinshi cyane ku mwaka. Ubanza bagura bandwidth nkeya kandi bafite abasomyi benshi. Cyangwa byaterwa n’uko yenda umukuru wayo aherutse kwegura nta wamenya.

The new times website is down

Ngo umunyarwanda yaguze (yibye) impamyabumenyi ya A0 (ubundi ihabwa uwize imyaka ine cyangwa itanu muri kaminuza) ariko ageze mu kazi karamunanira. Amahirwe yagize ngo ni uko mu bo yategekaga harimo ufite impamyabumenyi ya A2 (yarize atandatu yisumbuye yose) uzi byinshi maze akajya akora ake agakora n’akuwo waminuje.

Nyuma aza kubaza uwa A2 ati ariko ko uzi byinshi ufite impamyabushozi yihe? Undi ati mfite A2. Niko kugenda aho yakuye ya yindi ya A0 ati ndashaka noneho iyitwa A2. Ntibazuyaje baba barayikoze arayitahana.

Umunsi wakurikiyeho yasubiye ku kazi ajya kureba umukuriye ati ni ukunyongeza umushahara kuko noneho nazanye indi mpamyabushobozi iruta iya mbere nari mfite. Ati kandi iyo ngiyo ikubye gatanu imwe ya mbere nari mfite.

Sinjye wahera, hahera impamyabumenyi n’abibwira ko ari zo zikora akazi !!!

We is free now

Maze gusoma ibyerekeye ingando z’abanyeshuri bitegura kujya muri Kaminuza i Butare n’ahandi mu Rwanda nibajije niba bitarushaho kugira akamaro iyaba bariya basore n’inkumi bakoraga ibikorwa bifitiye abaturage cyane cyane abakennye akamaro. Urugero nko kubakira abadafite amazu aho kwirirwa bicaye babwirwa politiki akenshi bahita bibagirwa kuko abenshi baba bafite uko babona ibibazo by’igihugu ku buryo ingando atari yo yabahindura imitekerereze. Nyamara bakoze akazi bari kumwe kandi gafitiye abaturage muri rusange akamaro byatuma babasha kuganira bityo n’ubwiyunge bukaziramo.

Ni ubuhe bwiyunge bushoboka mu Rwanda igihe hari abaturage batagira aho barambika umusaya cyangwa bikinga imvura n’imbeho? Ni ubuhe bwiyunge bushoboka mu gihe abaturage bashonje? Uwavuze ati amatwi ashonje ntiyumva buriya ntiyavugaga ukuri?

Aba banyeshuri bashobora gukora imirimo nko kubumba amatafari cyangwa se no kubaka inzu z’ibiti z’abadafite aho baba. Kandi bikozwe buri mwaka wasanga mu myaka nk’itanu (5) cyangwa irenzeho gato imiryango (familles) itagira aho iba yagabanutse bitangaje.

The latest measurements confirm that the world’s oil and natural gas supplies are running out too fast. At some time between 2010 and 2020 the world’s supply of oil and gas will fall below the level required to meet international demand.

The US government is aware that we are about to endure a disastrous international energy shortage. According to Dr James McKenzie, a senior member of the climate change programme at the World Resources Institute in Washington, USA: “That’s why we went to war in Iraq.”

We always knew the world’s oil reserves would run out eventually. The oil was formed by natural geological processes which occurred over millions of years. Oil consumption presently exceeds 25 billion barrels a year and demand continues to spiral upward, out of control. The outcome is inevitable.

In the 21st Century we rely on oil (petrol) and gas for transport – cars, lorries, ships, aircraft – as well as electrical power. We cannot survive without oil and gas, and when the supply runs out the great engine of Western civilization will finally grind to a halt. We are heading for an event that will be remembered as one of the great disasters of human history, and life is going to get harder for everybody as the day of reckoning draws nearer.

In the years ahead, wars will be fought over oil and fuel as the oil-dependent superpowers struggle in vein to preserve our unsustainable way of life. We are entering a period of great change and there are be difficult times ahead. The process has already begun. Students of prophecy will be familiar with certain relevant verses from Christian scripture concerning the signs of the end times (Matt. 24.8; Mk 13.8, Rom. 8.22; Rev. 12.03, 21.1-4). As it was translated in 1961 in the New English Bible: “With these things, the birth pangs of the new age begin” (Mt.24:8; Mk.13:8). Whether you are religious or secular, you should be aware that the tide of history is turning.

In North America, where we use far more oil than anywhere else on Earth, the vast majority (71%) of electrical power generation is entirely dependent on fossil fuels – coal (52%), gas (16%), and oil (3%). The world’s natural gas is running out along with the oil, and the coal supply is not unlimited either. Nuclear energy contributes only one-fifth to the US power network, and 7% of power is hydroelectric. Only 2% of US electricity production is from renewable sources. As we continue to burning up the world’s dwindling fossil energy sources at a terrifying rate, we simultaneously unleash catastrophic damage to the natural environment.

The Insider recently reported a wave of four major electrical power outages which struck the US; then the UK; followed by Denmark and Sweden; and then Italy, Switzerland, Austria and France. The effects only lasted a few hours, but each case was the biggest power failure in the history of the affected country. These massive power cuts were separated by a matter of days. The governments were only practicing this time. This is just the beginning.

It would be prudent to pursue alternative energy sources before it is too late, but the oil corporations will never allow this to happen. So important is oil as a resource that it brings great wealth and power to those who control it. Consequently, our corrupt politicians, whose power is lavishly funded with oil money, prefer to serve the short-term interests of greedy oil executives than the long-term interests of ordinary people like you. But as long as we have food in our bellies and entertainment to keep us busy, why should we care? Thus, it is the immorality and indifference of our species that ultimately leads to our own demise.

Nothing lasts forever. Like all the great civilizations in the past, ours has a limited life-span. A few years from now the Westernized world will reach the point where there is no longer enough fuel to sustain civilization in its present form. This will literally be the end of civilization as we know it.

http://www.theinsider.org/news/article.asp?id=0423

Sweden’s Supreme Court has told a woman that she cannot adopt her own biological daughter, who was born to a surrogate mother.

The woman and her then partner were childless, so enlisted the man’s sister as a surrogate. As surrogacy is not allowed in Sweden, the woman’s fertilised egg was implanted in the surrogate mother in Finland.
When the girl was born in 2002 the man was named father but the woman had to apply for adoption, the Juridik news service reports.

The adoption was approved by the district court, but after the couple separated the man appealed the court’s decision. The Svea Court of Appeal in Stockholm decided that the adoption could not be allowed without the father’s consent, and overturned the district court’s decision.

The woman appealed to the Supreme Court, which has now also said no to the adoption.

The Supreme Court referred to a case from 1973 in which it was ruled that a decision over an adoption can be reversed if one of the parents withdraws consent.

Two judges dissented from the Supreme Court’s decision, arguing that the genetic mother should be allowed to adopt the child.

The girl, who is now 4, has until now lived with her genetic mother and father. The Supreme Court ruling means the man and his sister become the child’s legal parents.

TT/The Local

Reka ngire icyo mvuga ku nyandiko z’abandi banyarubuga bagize icyo bavuga kuri posting yanjye y’ubushize yerekeye privatisation mu Rwanda. Nkaba nishimira uburyo tuganira ku bibazo by’igihugu. Iyo rero uburyo bikorwa butanoze, icyo gihe ikabazo ntikiba kikiri
privatization ahubwo iba ari uburyo ikorwa, mu bihugu bimwe yakozwe
nabi cyane nka Ukraine, na Russia kuburyo ubu barimo barabisubiramo!
” (Shyaka)

Urakoze kubivuga ko muri Ukraine na Russia ubu bari gusubiramo Privatization. Icyo Privatisation yamaze muri ibi bihugu ni “creating a class of billionaires” gusa. Hanyuma bamara gukuramo ayabo, Leta ikongera igasubirana ibyo bipampara, ikabishyiramo andi mafaranga kugira ngo byongere bigire ubuzima, maze ikongera ikagurisha. Nyuma na none abazafata ubutegetsi bashobora kuzasanga n’impamvu zatumaga bigurishwa zitarafatikaga. Sinzi rero niba iyi gatebe-gatoki dukwiriye kuyifuriza u Rwanda.

Tugarutse ku Rwanda, urabizi kandi najye ndabizi, Rwandatel yakoraga nabi kandi impamvu si iyindi ni uko abayiyobora bashyirwagaho n’abanyapolitiki!” (Shyaka)

Nibyo koko RwandaTel yakoraga nabi. Ariko impamvu y’iyo mikorere mibi ntabwo tuyibona kimwe Shyaka. Ntabwo ari uko abayobozi bayo bashyirwagaho n’abanyapolitiki. Ahubwo njyewe mbona ari uko bashyirwagaho bakumva bari hejuru y’amategeko ndetse bamwe nta n’ubushake babifitemo . Ibi rero ni bibi cyane kuko niba umuntu atwara amafaranga ya RwandaTel (Leta) maze bigashirira aho kuko ari umunyabubasha bwinshi cyane, nta kizabuza uzamusimbura nawe kuyatwara. Urumva rero ko icyangombwa atari ukureba ushyiraho nde; ahubwo ni ukureba impamvu iyo bimaze kugaragara ko yakoze nabi adakurikiranwa agahanishwa juste kuvanwa ku buyobozi rimwe na rimwe akanagabirwa undi mwanya. Ibi nta kindi bimara usibye kuburira uzamukurikira ngo nakoramo azakoreremo rimwe atware menshi kuko nibigaragara ko yakozemo ashobora kuzavanwaho (Cyokora akaba abizi ko ntacyo azaba, ko bizashirira aho).

Iyo rero umutegetsi wo hejuru ahugiye mu kwiba amafaranga y’ikigo yashinzwe gucungira abanyarwanda, nta kindi abakozi bo hasi bakora kuko baba bazi ko ntawe uzababaza. Ntaba azi n’ibyo ikigo cye gishinzwe kuko aba yibwira ko akazi kacyo mu gihugu ari ukumugaburira gusa. Aha rero urumva ko hierarchie yose ihita irwara.

Byose biragenda bikagwa kuri “Mauvaise Gestion” na “Systeme Judicaire” idakora akazi kayo kubera gutinya abanyabubasha. Nk’uko nabivuze muri message yanjye ya mbere, ntabwo imikorere mibi yatuma dushyira igihugu muri danger (kugurisha ibigo strategique ku banyamahanga), ahubwo ni ukureba ko iyo mikorere mibi yavaho. Niba rwose ikibazo ari ugushyirwaho n’abanyaPolitiki, uwashyiraho se nka commission y’aba-Experts bakajya bashyiraho uwo muyobozi byakunda? Proposition yanjye yaba ko Leta yagumana ibyo bigo ahubwo hakigwa ku miyoborere yabyo. Nk’urugero, hajya habaho ipiganwa (riciye mu mucyo) buri myaka ibiri ry’abantu bashaka kuyobora RwandaTel, Electrogaz, … kandi bakerekana icyo bateganya gukora muri iyo manda yabo (ibintu précis). Bityo batakigeraho bakaba bagaragaye ntibongere gusubizwaho ndetse bagafatirwa ibyemezo. Kandi nk’uko mbyemera, ibyo bigo bya Leta si byiza ko bigira Monopole. Yaba iyanditse mu mategeko cyangwa se iyo byakwiha bikoresheje umutungo wabyo mwinshi (nka bimwe bya Microsoft). Buriya ntubibona ko Terracom ishobora kuzarangiza ibaye Monopole bikanabura igaruriro? Ishobora kuzakoresha amafaranga maze abandi bakabura aho bahera. None se Shyaka, wambwira icyo bimaze gukuraho “a state-owned monopoly” hanyuma ukayisimbuza “a privately-owned monopoly”? (byajya gupfa byose ikaba “a foreign-owned monopoly”).

Uko byagenda kose mu gihe twe ubwacu tutari twabona amafaranga ahagije, tugomba kwemera abanyamahanga bakaza tugafatanya, icyangombwa ni uko imyanya y’ubuyobozi byibuze 80% iba irimo abanyarwanda” (Shyaka)

Gufatanya ni byiza kuko abishyize hamwe ngo nta kibananira. Nkwibarize nti iyo compagnie iguze indi biba biri gufatanya? Njyewe numva atari byo kuko icyo gihe imwe iba ibaye “property” y’indi (Muri Maths babyita Inclusion aho kuba Intersection). Ikaba yayikoresha icyo ishaka ikurikije amategeko (iyo ayo mategeko ahabwa agaciro kayo) cyangwa ikurikije uko nyirayo abyumva (iyo ayo mategeko asuzugurwa cyangwa atariho). Ejo Microsoft bayiciye amande ya Miliyoni 32USD muri South-Korea kubera kwiharira amasoko ikoresheje amafaranga n’amayeri. Urambwira ko ubucamanza bwo mu Rwanda bureka abanyabubasha bibye bushobora gutinyuka Microsoft? Uko rero niko batatinyuka na Terracom.

Hari icyo nagirango nongereho ni uko ariya masosiyete aba ari autonome muri economical management and so the gov becomes a normal shareholder. any shareholder decides what to do with his shares anytime as long as he moves to a more strategic position.” (Gasore)

Njyewe informations mfite ni uko Terracom yaguze shares zingana na 99% Leta yari ifite muri RwandaTel. Assuming this info is correct, kandi ukaba ucyemera biriya naciyeho umurongo sinzi impamvu utemeranya nanjye ko biteye ikibazo.
Leta yacu kugurisha ibigo byayo si bibi na gato nawe uri umuprivate
ukaba ufite imari ahantu ubona udashobora kuyicunga neza urayitanga
that happens everywhere.
” (Gasore)

Iyi ngingo sinsobanukiwe neza impamvu uyivuze kuko Leta ntabwo ari “a private company or business”. Personnaly, I am a business owner, so when I find that a certain area is not profitable, I move to a brighter one. Should this happen to the Government? My answer is no. Ari ibyo Electrogaz ntiyazigera ishyira umuriro ahantu hadatuwe cyane cyangwa hatuye abakene kuko amafaranga yo kuwuhageza yaba ari gupfa ubusa (capitalism). None ni ikihe cyizere ufite ko Terracom izita kuri Rural Telephony mu gihe ibizi ko abaturage baho nta mafaranga yo kuyishyura bafite? Ariko Rwandatel, as a public institution, yagombye kuba ifite mu nshingano zayo guteza imbere itumanaho mu byaro. Kuvuga rero ko kugurisha ibigo bya Leta atari bibi na gato numva nagusaba kugira nk’ijambo wabwira bariya bakozi birukanwe nta n’icyizere cyo kubona akandi kazi kuko n’abari hanze barakabuze (Assuming that your mother or brother is among them).

Naho ku bushobozi usanga still tukiri inyuma iyo urebye surtout nka
performance y’ amabanki y’ abanyyagihugu aha ndavuga nka BCDI,
COGEBANQUE, Bancor, usanga zo zidashobora kutubonera loans zikenewe
ngo tube twagura biriya bigo
” (Gasore)

Bwana Gasore, niba UMUSESO waravugaga ukuri, bariya banyarwanda bambuye ama Banks yo mu Rwanda amafaranga angana iki? [Nyina wa] Gahima yaba yarahawe amafaranga angana iki na BACAR? [Unyumve neza ntacyo mpfa nawe ariko sinabashije kumenya icyo yari agiye kuyamaza kuko ni umubyeyi ukuze bihagije. I am sorry kumuvuga kuko nubaha ababyeyi cyane.] Urumva rero ko hano tugaruka kuri cya kibazo cya “Fair Competition” and “rule of law“. Kubera iki [Nyina wa] Gahima ayabona les jeunes ingénieurs ntibayabone? Ni ukubera ko na Banks zitinya abanyabubasha zikabaha amafaranga bagiye kubika kandi babizi neza ko batazayishyura. Ayo mafaranga ahawe abagiye kuyabyaza umusaruro, wumva abanyarwanda batabona akazi ari benshi? (Cyokora ubanza iki kibazo cy’amabanki kitajyanye cyane n’iri gurishwa ry’ibigo bya Leta tuganiraho).

Leta ni tuyifashe hasi, twisake turebe ce que nous valons, hanyuma
tubone uko tujya gupigana n’abo banyamahanga, naho ubundi leta zacu
zizakomeza kuba “care takers”, harya vijoni 20/20 izatangira ryali?
” (Rugura)

Rugura, gupigan[w]a n’abo banyamahanga ni ingenzi. Gupiganwa nabo ariko rero ntibishoboka igihe barangije kutugura kuko biba bibashyize muri “Position” itatworohereza ipiganwa ahubwo ibashyira igorora. Kandi wibuke ko babanza gukora “travail psychologique” yo kutwemeza ko ntacyo tubashije (ingero zirahari). Ibyo babishoramo amafaranga n’imbaraga nyinshi bagakoresha institutions Internationales. Cyokora reka twizere ko ubwo umunyarwanda ariwe utegeka BAD (ADB) bizahinduka maze akazi ko kutwoza ubwonko ntikorohe. Mr Rugura, do you beleive an act leading to a lay off of 40% of the Rwandatel employees has stopped our government from being a “care taker”? Virtually, Yes. In reality, No.

… even in China foreign companies have foreign presidents, … ” (Rugura)

N’ubundi ntabwo nigeze nsaba ko foreign companies zagira necessairement Rwandese presidents n’ubwo bibaye bitaba bibi.

Ikibazo nakubaza ni: Are there chinese state-owned companies with foreign presidents? If yes, why? If no, why?

Ni iki gitera some latin-american governments kwamagana imigambi ya Bush na IMF?

Icyo nemeza n’uko mwembi ntawaba yarasomye agreements zakozwe
hagati ya Leta n’abo baguze ibyo bigo,cyane cyane kubyerekeye
imikoranire yabo na BNR,Tresury,no kubirebana na fonctionnement
na transparency.
” (Musonera)

Uzi kuraguza umutwe rwose kuko ni byo koko ntabwo nasomye izi agreements. Uzifite waha abanyarubuga (nanjye ndimo) uburyo bwo kuzisoma. Usibye ko ntazi niba kuzisoma hari icyo byahindura ku mizi y’ikibazo nyacyo. Njye navugaga cyane ku mpamvu yatuma izo agreements zibaho. Kubera iki? Impamvu nabashije kumva (hear) ni ziriya zijyanye n’imicungire mibi kandi nizo nagize icyo mvugaho.

Mwabaye muretse mukareba difference y’ibigo
byigenga ubu,mukabigereranya na mbere,maze tukazabona kwigisha
Economie kuri Internet?
” (Musonera)

N’ubundi njye sinigeze ndwanya ibigo byigenga. Muri Posting yanjye birimo. Economie yo ubanza ntanashobora kuyigisha kuko sinyizi bya gihanga.

Mukamabano Claudine ati “niba rero tugikoronijwe ibyo simbizi ? kuko ikigaragara n’uko duha agaciro abanyamahanga kurusha abanyarwanda“. Nanjye nti mbona ubukoloni bwaravuyeho mu mpapuro ariko mu migirire buracyahari mu bwihisho. Hari uwambwiye ko muri Gabon barya inyama zivuye mu Bufaransa. Ngo rimwe na rimwe ujya gusura umuntu akakubwira igituma adafite inyama ari uko “Le cargo n’est pas venu!!“. Na none ngo Gabon bayihaye ubwigenge abize bayo batabushaka; bo bishakiraga kuba intara y’u Bufaransa. Wumva ibi bitababaje?

Mbaye mbashimiye mwese tuganira kuri iyi ngingo.

Thanks

Emery

—– Original Message —–

From: Gasanaja

To: rwanda-l@yahoogroups.com

Sent: Tuesday, December 06, 2005 23:03

Subject: [rwanda-l] Re: Kugurisha ibigo bya Leta ni amakosa

Dear Vincent:

Thank you for your comment. The main reason you hear about
privatization in Rwanda is mismanagement, but whose fault? I also
believe that our government is mismanaged, should we privatize it?
As you know, we cannot stop the privatization in Rwanda. It has
become the quick way to get rich for members of the government. We
cannot stop it, but at the same time, we cannot keep quiet. At least
we have to say something even if we are preaching to the wrong
choir.
Frankly, we continue to see dirty tricks of scheme that deprive
Rwandan people of honest services. We the people have the right to
honest service from our public officials; it is a right, not a
privilege. You may disagree with me, but corruption occurs when
officeholders agrees to misuse their offices in expectation of gain,
as we continue to see it in Rwanda. The people have no say in the
entire privatization. Few unelected officials make decision for us
like we do not exist. Do you like that?
Our official owe to the public a fiduciary duty and that is what we
are demanding, and the failure to disclose material information, as
we saw in Rwandatel privatization, breach this duty and constitute a
violation of fraud.

We have to show that we disapprove their move. At least I as a
citizen, I believe I have that duty.

Regards,

Justin Gasana

— In rwanda-l@yahoogroups.com, “rugura” wrote:
>
> Gasana na Nzeyimana
>
> Kwica amategeko bitandukanye no kutayagira, there is a political
> aspect you seem to forget in the privatization, and there is a
> social aspect of it.
> Nk’ino aha muli Canada amatora yegereje Unions are throwing their
> support over the “left leaning parties”, the “right leaning” or
> conservatives being pro-privatization, liberals having one leg
each
> side, democrats and republicans have the same tendancies in the
> states, labors and tories in britain same.
> Nimube ba Péans economiques, ndakeka ko mutazabura ababaha
> informations mumiteganyilize ya provatization mu Rwanda, aliko
> kwihandagaza ngo ni IMF itanga amategeko byaba ali half-truth,
even
> in China foreign companies have foreign presidents, tugaye
ibikwiye
> kugawa, aliko twe gukabya mu ruhande utwali rwo rwose, nyamara
> mwitonze Rutigita na Gasore babaha informations mwifuza,
mutazibatse
> nka ba “Robin hood”
> We still have a long way to go, the rule of law we claim to be
> ridding on command mutual respect.
>
> Rugura
>
>
> — In rwanda-l@yahoogroups.com, “gasanaja” wrote:
> >
> > Nzeyimana we,
> >
> > Uvuze neza cyane. Najye ibyo mvuga aha ariko benewacu
> bakabihindura
> > intambara n’urwango.
> >
> > Komera,
> >
> > JG
> >
> > — In rwanda-l@yahoogroups.com, “NZEYIMANA Emery Fabrice” wrote:
> > >
> > > Banyarubuga muraho murakomeye?
> > >
> > > Maze iminsi nibaza ku igurishwa ry’ibigo bya Leta nkaba nifuza
> > kugira icyo mbivugaho.
> > > Nibaza niba ari ngombwa ko ibyo bigo bigurishwa kuko nsanga
> > impamvu zitangwa n’uburyo bikorwamo bidafite ishingiro.
> > >
> > >
> > > Ibigo bya Leta bitegekwa nabi kandi ntabwo byunguka
> > >
> > > IMF na World Bank zikoreshejwe n’ibihugu bikaze zitegeka
ibihugu
> > byoroheje kugurisha ibyo bigo bigamije inyungu zihishe. Kandi
> > barabizi ko kubera Corruption yamunze ibi bihugu byacu
babigurisha
> > n’ababasha gutanga ruswa nyinshi. Igikurikiraho ni uko
> abanyamahanga
> > baza bakigabiza ibyo bigo, bakirukana abakozi b’abanyagihugu,
> > inyungu zose bakuramo bakajyana iwabo. Ayo mafaranga niyo
yirirwa
> > atangwamo Aide Sociale ku baturage babo naho abacu bicira isazi
mu
> > jisho. Ayo mafaranga akoreshwa mu mirimo inyuranye iwabo.
> > >
> > > Ku bwanjye numva aho kugurisha ikigo cya Leta urwitwazo
rwabaye
> ko
> > gitegekwa nabi ahubwo hagombye gushakwa uburyo cyategekwa neza.
> > Kandi birashoboka kuko ubucamanza n’ubugenzacyaha buramutse
> > bwemerewe gukora akazi kabwo neza nta kuvangirwa bibayeho,
> > abategetse ibyo bigo nabi bagahanwa by’intangarugero,
bagasimbuzwa
> > abandi babishoboye hatabayeho icyenewabo, hagakurikizwa
ubushobozi
> > nta kugabirwa, byose byatungana.
> > >
> > > Ese noneho igihugu nikiyoborwa nabi tuzagiteza cyamunara?
Nigeze
> > kumva kuri Radio BBC aba-taximen b’i Burundi bavuga ko uBurundi
> > bwabuze ubutegeka bityo bukaba bukwiye kugurishwa maze buri
> muturage
> > bakamuha aye noneho abo ba-taximen bakigira kuba muri Kenya
> > n’ahandi. Njyewe siko mbibona kandi numva ibi
ari “agahomeramunwa”
> > wa mugani w’abarundi. Ntibishoboka ko igihugu gituwe n’abantu
> > miliyoni 8 cyabura abantu bo kugitegeka cyangwa kugitegekera
ibigo
> > byacyo. Biriya bigo rero byibwa n’abo banyamahanga
babifashijwemo
> > n’abanyarwanda bikwiye kugarurirwa abenegihugu. Inyungu
zibivuyemo
> > zikarushaho kugirira abanyarwanda akamaro.
> > > Kuba ibyo bigo bitegekwa nabi ni uko bitegekwa n’abantu
> > batabifitiye ubushobozi cyangwa se ntibahabwe uburenganzira
> buhagije
> > ahubwo bagahora bakorerwamo. Ikindi ni uko hari abasabwa
> kubitegeka
> > bakagira ngo barabyeguriwe; hakiyongeraho ko amategeko mu bihugu
> > byacu agaragara nk’impapuro yanditseho zicibwa igihe bishakiwe
> > n’abanyabubasha ugasanga babaye ba simbikangwa ibya Leta bikaba
> > akarima kabo.
> > >
> > > Hakenewe abashoramari b’abanyamahanga
> > >
> > > Ni byiza ko hagira abanyamahanga baza gushora imari yabo mu
> > Rwanda. Ariko rero gushora imari yabo mu Rwanda ntibigomba kuba
> > imbogamizi ku banyarwanda bashaka gushora imari yabo mu Rwanda
> > rwabo. Imari y’abanyarwanda nyibona kwinshi. Harimo amafaranga
> > ndetse n’ibitekerezo. Kuba abo banyamahanga baba bafite
amafaranga
> > menshi ntabwo bivuga ko bakora neza kurusha abanyarwanda. Kubera
> ko
> > ntawe umenya byose, hari aho dukeneye abo banyamahanga ariko si
> > hose. Ndetse ushobora no gusanga muri Secteur iyi n’iyi
badakenewe
> > 100%. Urugero ni muri ICT. Isi isa n’aho yabaye igihugu kimwe
aho
> > ubumenyi butagipfa kwiharirwa n’abantu bamwe. Birababaje rero
> kumva
> > ngo abantu aba n’aba ndetse b’abanyamahanga nibo bemerewe
gukorera
> > mu Rwanda bonyine kandi hatabuze abanyarwanda babibashije.
> > RwandaCell, Terracom, ComputerPoint, … zihariye amasoko yo mu
> > Rwanda kandi zigasarura zijyana iwabo mu gihe abanyarwanda
bahari
> > kandi babishoboye babuze akazi. Abo banyarwanda iyo bafite akazi
> > barifasha ndetse bakanafasha na bene wabo iyo mu giturage
> n’ahandi.
> > Iyo bafite akazi nibo bubaka amazu mu gihugu. Iyo bafite akazi
> nibo
> > babasha kurihirira abandi banyarwanda amashuri n’ibindi. Iyo
> bafite
> > akazi batanga imisoro izamura igihugu n’abagituye. Mu gihe abo
> > banyamahanga basarura bajyana iwabo umunyarwanda ntibigire icyo
> > bimumarira.
> > >
> > > Ni ngombwa ko ibyo bigo bya Leta bibaho kugira ngo igihugu
> cyizere
> > umutekano wacyo. Guha abanyamahanga ubushobozi ndengakamere mu
> rwego
> > rw’ingufu n’itumanaho ni amakosa akomeye cyane. Guha
abanyamahanga
> > ubushobozi ndengakamere mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi uba
> ushubije
> > igihugu mu bukoloni. Babishatse bashobora guhagarika ubuzima
cyane
> > cyane ko amategeko yo mu bihugu byacu ntacyo aba ababwiye. Baba
> > bagendera ku y’iwabo badakangwa n’ikintu icyo ari cyo cyose.
> > >
> > >
> > > Umwanzuro:
> > >
> > > Ibigo bya Leta bikwiye kubaho ahubwo hakigwa uburyo byacungwa
> > neza. Bakagendera ku ngero nyinshi kandi zifatika z’izindi Leta
> > ndetse zinarimo izishuka iz’iwacu muri uko kugurisha. Leta
> > y’Ubufaransa ifite ibigo byinshi kandi bikora neza ndetse
> > bikanapiganwa n’ibyigenga. Leta y’Ubwongereza iri kwiga uburyo
> > yakwongera kugira ijambo rya nyuma mu rwego rw’ingufu nyuma yo
> > kururekura. Leta ya Suwedi ifite ibigo byinshi kandi bikora neza
> > kandi bipiganwa n’ibyigenga nta kibazo. Leta ya Noruveji ifite
> ibigo
> > byinshi kandi bikora neza.
> > >
> > > Icyihutirwa muri ibi byose ni ugushyiraho amategeko agenga
> > ipiganwa mu bucuruzi (Fair competition) kandi ayo mategeko
> > agakurikizwa. Na none ubucamanza bukwiriye kujya bukurikirana
> > abanyereza umutungo w’ibyo bigo bya Leta. Hato ejo inteko
> > y’abadepite ntizayoborwe nabi ngo itezwe cyamunara. Polisi
> y’igihugu
> > nikora nabi yegurirwe abanyamahanga. …
> > >
> > > Na none gushyiraho ibyo bigo bya Leta ukabiha Monopole
byangiza
> > ipigangwa umunyagihugu wese yagombye kugiraho uburenganzira.
Bityo
> > abantu bose bakaba bategetswe gushaka akazi muri icyo kigo
kimwe.
> > Ikigo cya Leta gishobora gupiganwa n’icyigenga kandi byombi
> > bikunguka bikanungura abanyarwanda.
> > >
> > >
> > >
> > > Njyewe ni uko mbibona kandi uwampora ko tutabibona kimwe azaba
> > andenganyirije ubusa.
> > >
> >

Maze iminsi nibaza ku igurishwa ry’ibigo bya Leta nkaba nifuza kugira icyo mbivugaho.

Nibaza niba ari ngombwa ko ibyo bigo bigurishwa kuko nsanga impamvu zitangwa n’uburyo bikorwamo bidafite ishingiro.

Ibigo bya Leta bitegekwa nabi kandi ntabwo byunguka

IMF na World Bank zikoreshejwe n’ibihugu bikaze zitegeka ibihugu byoroheje kugurisha ibyo bigo bigamije inyungu zihishe. Kandi barabizi ko kubera Corruption yamunze ibi bihugu byacu babigurisha n’ababasha gutanga ruswa nyinshi. Igikurikiraho ni uko abanyamahanga baza bakigabiza ibyo bigo, bakirukana abakozi b’abanyagihugu, inyungu zose bakuramo bakajyana iwabo. Ayo mafaranga niyo yirirwa atangwamo Aide Sociale ku baturage babo naho abacu bicira isazi mu jisho. Ayo mafaranga akoreshwa mu mirimo inyuranye iwabo.

Ku bwanjye numva aho kugurisha ikigo cya Leta urwitwazo rwabaye ko gitegekwa nabi ahubwo hagombye gushakwa uburyo cyategekwa neza. Kandi birashoboka kuko ubucamanza n’ubugenzacyaha buramutse bwemerewe gukora akazi kabwo neza nta kuvangirwa bibayeho, abategetse ibyo bigo nabi bagahanwa by’intangarugero, bagasimbuzwa abandi babishoboye hatabayeho icyenewabo, hagakurikizwa ubushobozi nta kugabirwa, byose byatungana.

Ese noneho igihugu nikiyoborwa nabi tuzagiteza cyamunara? Nigeze kumva kuri Radio BBC aba-taximen b’i Burundi bavuga ko uBurundi bwabuze ubutegeka bityo bukaba bukwiye kugurishwa maze buri muturage bakamuha aye noneho abo ba-taximen bakigira kuba muri Kenya n’ahandi. Njyewe siko mbibona kandi numva ibi ari “agahomeramunwa” wa mugani w’abarundi. Ntibishoboka ko igihugu gituwe n’abantu miliyoni 8 cyabura abantu bo kugitegeka cyangwa kugitegekera ibigo byacyo. Biriya bigo rero byibwa n’abo banyamahanga babifashijwemo n’abanyarwanda bikwiye kugarurirwa abenegihugu. Inyungu zibivuyemo zikarushaho kugirira abanyarwanda akamaro.

Kuba ibyo bigo bitegekwa nabi ni uko bitegekwa n’abantu batabifitiye ubushobozi cyangwa se ntibahabwe uburenganzira buhagije ahubwo bagahora bakorerwamo. Ikindi ni uko hari abasabwa kubitegeka bakagira ngo barabyeguriwe; hakiyongeraho ko amategeko mu bihugu byacu agaragara nk’impapuro yanditseho zicibwa igihe bishakiwe n’abanyabubasha ugasanga babaye ba simbikangwa ibya Leta bikaba akarima kabo.

Hakenewe abashoramari b’abanyamahanga

Ni byiza ko hagira abanyamahanga baza gushora imari yabo mu Rwanda. Ariko rero gushora imari yabo mu Rwanda ntibigomba kuba imbogamizi ku banyarwanda bashaka gushora imari yabo mu Rwanda rwabo. Imari y’abanyarwanda nyibona kwinshi. Harimo amafaranga ndetse n’ibitekerezo. Kuba abo banyamahanga baba bafite amafaranga menshi ntabwo bivuga ko bakora neza kurusha abanyarwanda. Kubera ko ntawe umenya byose, hari aho dukeneye abo banyamahanga ariko si hose. Ndetse ushobora no gusanga muri Secteur iyi n’iyi badakenewe 100%. Urugero ni muri ICT. Isi isa n’aho yabaye igihugu kimwe aho ubumenyi butagipfa kwiharirwa n’abantu bamwe. Birababaje rero kumva ngo abantu aba n’aba ndetse b’abanyamahanga nibo bemerewe gukorera mu Rwanda bonyine kandi hatabuze abanyarwanda babibashije. RwandaCell, Terracom, ComputerPoint, … zihariye amasoko yo mu Rwanda kandi zigasarura zijyana iwabo mu gihe abanyarwanda bahari kandi babishoboye babuze akazi. Abo banyarwanda iyo bafite akazi barifasha ndetse bakanafasha na bene wabo iyo mu giturage n’ahandi. Iyo bafite akazi nibo bubaka amazu mu gihugu. Iyo bafite akazi nibo babasha kurihirira abandi banyarwanda amashuri n’ibindi. Iyo bafite akazi batanga imisoro izamura igihugu n’abagituye. Mu gihe abo banyamahanga basarura bajyana iwabo umunyarwanda ntibigire icyo bimumarira.

Ni ngombwa ko ibyo bigo bya Leta bibaho kugira ngo igihugu cyizere umutekano wacyo. Guha abanyamahanga ubushobozi ndengakamere mu rwego rw’ingufu n’itumanaho ni amakosa akomeye cyane. Guha abanyamahanga ubushobozi ndengakamere mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi uba ushubije igihugu mu bukoloni. Babishatse bashobora guhagarika ubuzima cyane cyane ko amategeko yo mu bihugu byacu ntacyo aba ababwiye. Baba bagendera ku y’iwabo badakangwa n’ikintu icyo ari cyo cyose.

Umwanzuro:

Ibigo bya Leta bikwiye kubaho ahubwo hakigwa uburyo byacungwa neza. Bakagendera ku ngero nyinshi kandi zifatika z’izindi Leta ndetse zinarimo izishuka iz’iwacu muri uko kugurisha. Leta y’Ubufaransa ifite ibigo byinshi kandi bikora neza ndetse bikanapiganwa n’ibyigenga. Leta y’Ubwongereza iri kwiga uburyo yakwongera kugira ijambo rya nyuma mu rwego rw’ingufu nyuma yo kururekura. Leta ya Suwedi ifite ibigo byinshi kandi bikora neza kandi bipiganwa n’ibyigenga nta kibazo. Leta ya Noruveji ifite ibigo byinshi kandi bikora neza.

Icyihutirwa muri ibi byose ni ugushyiraho amategeko agenga ipiganwa mu bucuruzi (Fair competition) kandi ayo mategeko agakurikizwa. Na none ubucamanza bukwiriye kujya bukurikirana abanyereza umutungo w’ibyo bigo bya Leta. Hato ejo inteko y’abadepite ntizayoborwe nabi ngo itezwe cyamunara. Polisi y’igihugu nikora nabi yegurirwe abanyamahanga. …

Na none gushyiraho ibyo bigo bya Leta ukabiha Monopole byangiza ipigangwa umunyagihugu wese yagombye kugiraho uburenganzira. Bityo abantu bose bakaba bategetswe gushaka akazi muri icyo kigo kimwe. Ikigo cya Leta gishobora gupiganwa n’icyigenga kandi byombi bikunguka bikanungura abanyarwanda.

Njyewe ni uko mbibona kandi uwampora ko tutabibona kimwe azaba andenganyirije ubusa.

« Previous Page